Home AMAKURU Umuherwe Elon Musk aranugwa nugwa mu gushora akayabo ngo bahirike Perezida
AMAKURU

Umuherwe Elon Musk aranugwa nugwa mu gushora akayabo ngo bahirike Perezida

Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela yijunditse umugwizatunga umujejeta faranga Elon Musk kuba yarashoye akayabo k’arenga miliyari imwe y’amadolari ya Leta Zunze ubumwe za Amerika ngo ashyire iherezo ku butegetsi bwe.

Mu gihe muri Venezuela habaye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’amatora yo muri Nyakanga 2024, Maduro yahamije ko Elon Musk ari we wari ubyihishe inyuma.

Muri ayo matora intsinzi yari yegukanywe na Nicolas Maduro, ku majwi 51.2 %, ngo ni ibintu bitanyuze Leta Zunze ubumwe za Amerika, aho zanihutiye guhita zibitera utwatsi, zishinja Maduro, wayoboye iki gihugu kuba yaribye amajwe, aho bavugaga ko intsinzi yari iya Edmundo Gonzalez bahatanaga.

Maduro uhamya ko afite ikimenyetso simusiga y’ibyo avuga, yahamije ko iyo miliyari y’amadolari yakwirakwizwaga n’umugore wa Musk, Maria Corina Machado, ari we wakwirakwizaga iyi nkunga ayiha abatavuga rumwe na Perezida ngo bamuhirike.

Maduro udacana uwaka na Musk, ahamya ko Leta Zunze ubumwe za Amerika nazo zitamureba ryiza kuko zihora zimuca ruhinga nyuma ngo zimukure ku butegetsi amazeho imyaka 11.

Nyuma y’aya matora aba bagabo bombi bateranye amagambo aho Musk yahamije ko Maduro yibye amajwi, naho Maduro agahamya ko Musk ari umwanzi witwikira ikoranabuhanga agaharabika uwo adashaka.

Ibihugu byo mu Burasirazuba bw’isi birangajwe imbere na Leta Zunze ubumwe za Amerika, bayakunze kugaragaza ko Maduro w’imyaka 61, atari umuyobozi ubereye Venezuela, aho basanga Juan Guaido, urwanya ubutegetsi ari we wari ukwiye kuba aramutswa igihugu.

Ibi bije mu gihe uyu muherwe, Elon Musk, atigeze aca ku ruhande avuga ko azagira uruhare mu guhirika ku butegetsi umukuru w’igihugu wese uzitambika cyangwa akagerageza gukoma mu nkokora ishoramari rye.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!