Home AMAKURU Umuturage w’i Nyamasheke yakubiswe n’inkuba
AMAKURU

Umuturage w’i Nyamasheke yakubiswe n’inkuba

Umugore witwa Nyirangirimana Ephrasie w’imyaka 25 y’amavuko, wo mu Karere ka Nyamasheke yakubiswe n’inkuba ahita apfa.

Ibi byabaye mu masaha ya Saa Cyenda z’umugoroba wo ku wa Kabiri taliki 01 Ukwakira 2024, bibera mu Murenge wa Kanjongo, Akagari ka Raro ho mu Mudugudu wa Musasa.

Gitifu w’Umurenge wa Kanjongo, Cyimana Kanyogote Juvenal, yahamije aya makuru, avuga ko uyu mugore yakubiswe n’inkuba, imukubitiye hanze y’urugo rwe.

Yagize ati: “Nibyo byabaye Saa Cyenda, yamukubiyiye hanze y’urugo rwe.”

Gitifu Cyimana yasabye abaturage ko igihe babonye imvura iguye, bagomba guhagarika imirimo bakoraga, bakajya kugama kandi bakirinda kugama munsi y’ibiti n’ahandi hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Mbere y’uko umurambo wa nyakwigendera ushyingurwa, wahise ujyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Ruheru.

Nyakwigendera asize umwana umwe.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!