Home UBUREZI Updates: Ibyagendeweho mu gutoranya abarimu bazahabwa Scholarship byamenyekanye
UBUREZI

Updates: Ibyagendeweho mu gutoranya abarimu bazahabwa Scholarship byamenyekanye

Ibyagendeweho mu gutoranya abarimu bazahabwa “Scholarship” na REB yo kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi, byashyizwe ahagaragara;

1. Abarimu bohereje ibyemezo bisabwa bashyizwe ku rutonde by’agateganyo ( temporary shortlisted).
2. Abarimu bafite amanota y’imihigo ya 2022-2023 atari munsi ya 70% bashyizwe ku rutonde by’agateganyo.
3. Abarimu batoranyijwe, 50% byabo ni abize Siyansi, 40% bize indimi, 5% biga “Social Sciences” na 5% bize “Early Childhood Education “.
4. Abantu bize “Normale Primaire, NP” batoranyijwe hagendewe ku mashami basabye kwigamo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi.
5. Amanota y’abasabye yashyizwe ku 100/100 na NESA.
6. Gutondeka abarimu bemerewe byakozwe ku rwego rw’Igihugu ( Ibi bitandukanye no mu bihe byatambutse aho buri karere kahitagamo abarimu ukwako uturere twose tukohereza umubare ungana. Ubu birashoboka kubona hari akarere kavuyemo abarimu 13 akandi ugasanga kavuyemo 4 ni urugero.)
7. Abarimu bafite amanota menshi ku mpamyabumenyi zabo nibo bahereweho.
8. Mu gihe abarimu 2 cg barenzeho banganyije amanota bahisemo umwe hagendewe kuri ibi bikurikira;
.Kuba uri igitsina gore ni ingenzi
.Kuba ufite uburambe buri hejuru ni ingenzi
.Kuba ufite imyaka mike ni ingenzi
.Abakandida bahuje ibivuzwe haruguru harebwa ku gihe boherereje ubusabe bwabo.

Mu gihe cya vuba ibisubizo ndakuka biratangazwa, buri wese akazabibona muri sisiteme ye.

Umurunga.com

Loading

1 Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UBUREZI

NESA iciye impaka ku itangazo ryayitiriwe

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyanyomoje amakuru yacyitirirwaga, avuga ko...

UBUREZI

NESA: Abanyeshuri biga bacumbikirwa bashyireweho gahunda yo gutaha

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’ibigo by’amashuri, NESA, cyatangaje gahunda y’uko abanyeshuri...

UBUREZI

Nyanza: Akarere kahannye Diregiteri ukekwaho kubura ibiryo by’abanyeshuri

Mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Kibirizi haravugwa inkuru y’Umuyobozi w’Ishuri...

SIPOROUBUREZI

Ibihanga biri mu mategeko agenga imikino mu mashuri bidindiza siporo y’igihugu

Buri rushanwa rigira amategeko arigenga kandi aba agomba gukurikizwa kugirango irushanwa rinyure...

Don`t copy text!