Home AMAKURU Kamonyi: Umukobwa arakekwaho kwica no kujugunya mu bwiherero umwana we afatanyije na nyina
AMAKURU

Kamonyi: Umukobwa arakekwaho kwica no kujugunya mu bwiherero umwana we afatanyije na nyina

Mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Gacurabwenge ho mu Kagari ka Gihinga haravugwa inkuru y’umukobwa wabyaye umwana hanyuma agafatanya n’umubyeyi we (nyina) kumwica ndetse bakanamujugunya mu bwiherero.

Amakuru avuga ko intandaro yo kwica uyu mwana yaturutse ku kuba uwamuteye inda yaramwihakanye.

Nyuma y’uko hari uwatanze amakuru, bamwe mu baturage bavuga ku wa Gatanu taliki 02 Kanama 2024, batunguwe no kumva ibyabaye ku mwana w’umukobwa wafatanyije na nyina umubyara gukuramo inda, akanamufasha kwica urwo ruhinja rwakuwe mu bwiherero.

BTN TV yatangaje ko uyu mukobwa witwa Anitha yahise acika inzego zishinzwe umutekano akaba akomeje gushakishwa, ni mu gihe nyina bikekwa ko bafatanyije kwica uruhinja yamaze gutabwa muri yombi.

Umujyanama w’ubuzima utuye muri kariya gace, yatangaje ko bajyaga babaza Anitha niba atwite ndetse bakanamugira inama yo kujya kwipimisha kwa muganga niba koko atwite, ariko mu kubasubiza ngo yarabatukaga akababera ibamba.

Uwari inshuti ya Anitha mu mudugudu we yemeza ko yari yaramubwiye ko atwite, ariko ngo yanamubwiye ko umugabo wamuteye inda yamwihakanye, ntacyo azamufasha ahubwo azirwariza.

Abaturage bo bakomeza bemeza ko ibyo uyu mubyeyi n’umwana we bashinjwa bitari bikwiye, basaba ko nibaramuka bahamwe n’icyaha bakekwaho bazazanwa mu ruhame.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

Don`t copy text!