Home AMAKURU Umutwe wa Hezbollah ushobora gucakirana na Israel mu ntambara ikomeye
AMAKURU

Umutwe wa Hezbollah ushobora gucakirana na Israel mu ntambara ikomeye

Nyuma y’uko abantu 12 bapfuye bishwe n’igisasu bikekwa ko cyaturutse muri Liban, kuri ubu harakekwa ko Israel ishobora kwihorera ku mutwe wa Hezbollah ishinja kurasa ibyo bisasu, nubwo ubuyobozi bw’uyu mutwe bubihakana bwivuye inyuma.

Kuva Israel ya kwinjira mu ntambara n’umutwe wa Hamas, amakuru yakomeje kuvugwa ko ishobora kwinjira mu ntambara na Hezbollah,na cyane ko impande zombi zakomeje kurebana ayingwe ntibatinye no gukozanyaho bya hato na hato .

Israel yagiye irasa mu birindiro by’uyu mutwe ndetse ikica bamwe mu barwanyi bawo, mu gihe nawo wakunze kurasa muri Israel,rimwe na rimwe ukica abasirikare bayo.

Icyakora igisasu cyarashwe mu gace ka Golani kagenzurwa na Israel,kigahitana abantu 12 bari  biganjemo urubyiruko cya hinduye ibintu burundu, kuko iki gihugu cyahise gifata umwanzuro kivuga ko kizihorera mu buryo bikomeye.

Amakuru avuga ko Israel yatangiye kwitegura intambara na Hezbollah yamara iminsi mike,icyakora Hezbollah kuko itemera ko ari yo yagabye iki gitero, cyaguyemo abantu 12 amakuru avuga ko ishobora kwirwanaho yirinda,ibi bikavamo intambara yeruye.

Nanone Perezida wa Iran,Masoud Pezeshkian yavuze ko Israel niramuka igabye ibitero simusiga kuri Hezbollah,izahura n’ibibazo bikomeye cyane.

Cyakora Minisitiri w’Ingabo muri Amerika,Lloyd Augustin, yatangaje ko yizeye ko impande zombi zihanganye zishobora gukumira amakimbirane biciye mu nzira y’amaho.

Perezida wa Turukiya Recep Tayyip Erdogan.

Ni mugihe na Perezida wa Turukiya Recep Tayyip Erdogan nawe aherutse gutangaza amagambo akomeye ateguza gutera Israel mu rwego rwo gafasha abanya-Palestine.

Loading

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!