Home AMAKURU Karongi: Umuturage aterwa amabuye hagakekwa amadayimoni
AMAKURU

Karongi: Umuturage aterwa amabuye hagakekwa amadayimoni

Intara y’Uburengerazuba, Akarere ka Karongi, Umurenge wa Murambi  Akagari ka Shyembe, mu mudugudu wa Kaburega, Umuturage witwa Ugirumurera Clementine arataka guterwa amabuye n’ibinonko atazi aho bituruka bikavugwa ko ari amagini (Amadayimoni),abikora.

Ugirumurera Clementine aterwa amabuye hagakekwa amadayimoni ko ariyo amutera amabuye.

Ugirumurera ni umubyeyi w’abana babiri aganira na  Radio one na Tv1, dukesha iyi nkuru yavuze ko batabona aho ayo mabuye ava abona bigwa gusa.

Akomeza avuga ko amabuye amugwaho bituma ajya gucumbika mu baturanyi bikamusangayo basenga bikagabanyuka.

Umwe mu baturage waganiriye na Tv1 yahamije ko bituruka mu kirere bikikubita aho, ariko biza ari we wenyine bishaka.
Abajijwe ibyaribyo ati:”Wamenya ari ibiki?”

Abaturage bahamije ko babona ibinonko biza ariwe bisanga bimwikubitaho,bikaba  byaratangiye ubwo yari mu murima.

Ugirumurera avuga ko kuva mu gitondo cya tariki ya 27 Nyakanga 2024 aribwo yatangiye kugabwaho igitero.
Avuga ko atazi niba ari abantu cyangwa ari imyuka mibi,akomeza avuga ko k’umunsi bishobora kuba nk’inshuro icumi.

Yakomeje avuga ko iyo ageze no mu mabuye y’amasarabwayi bikomeza bikamutera, yatangaje ko yahunze urugo rwe, yavuze ko haje n’umuriro akawuzimya.

Umubyeyi wacumbikiye uyu  Ugirumurera yemeza ko yaraye iwe amaze kuvuza induru ko biza bikikubita imbere ye.

Umukuru w’umudugudu wa Kaburega Mugiraneza Aisha yemeje ayo makuru ko nawe ibyo binonko n’amabuye yabyiboneye birikugwa yagize ati:”Nagiyeyo amabuye atatu narayabonye ariko ntubona uyatera n’ukubona gusa aguye ntumenye uyateye.”

Akomeza avuga ko uretse kuba bahashyiraho irondo gusa ko abayatera batagaragara bigoye gufata icyemezo.

Avuga ko wakemura iki kibazo wabonye uyatera mu gihe hataboneka uyatera ntacyemezo cyafatwa.

Ni mugihe Ugirumurera n’abaturanyi be bafashe umwanzuro wo gusengera iki kibazo.

Loading

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!