Home AMAKURU Rusizi: Umukobwa wakoraga mu kabari yishwe n’abantu bataramenyekana
AMAKURU

Rusizi: Umukobwa wakoraga mu kabari yishwe n’abantu bataramenyekana

Mu ijoro ryakeye kuri uyu wa Gatatu taliki 24 Nyakanga 2024, mu mudugudu wa Kabeza, Akagali ka Gihundwe, Umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, abantu bataramenyekana bishe umukobwa wacuruzaga mu kabari k’urwagwa.

Uyu mukobwa wari ufite imyaka 27,witwa Niyonsenga Diane, yakomokaga mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Huye.

Ubwo nyakwigendera yatakiraga mu kabari, irondo ry’umwuga ngo ryagerageje kwihuta ngo ritabare gusa risanga amaze gushiramo umwuka.

Iyakaremye Jean Pierre, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kamembe, byabereyemo hari icyo yatangarije Umuseke, dukesha iyi nkuru, ati:” Ni byo saa munani z’ijoro umuntu yatatse, irondo ritabaye rihura n’umusore witwa Ngabirinze Eraste avuye muri ako kabari k’urwagwa n’ibindi binyobwa kakoreragamo. Umukobwa witwa Niyonsenga Diane w’imyaka 27 y’amavuko ukomoka i Huye basanga yapfuye, birakekwa ko yishwe, Eraste yatawe muri yombi na RIB”.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, yasabye abaturage kwirinda ubusinzi, kwicungira umutekano no kumenya abo bagendana nabo n’igihe bagomba gutahira.

Mu gihe iperereza rigikomeje, biteganyijwe ko umurambo wa nyakwigendera ujyanwa mu bitaro bya Gihundwe.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!