Home AMAKURU Rubavu: Ikirombe cyagwiriye bane bari bagiye kwiba itaka umwe arapfa
AMAKURU

Rubavu: Ikirombe cyagwiriye bane bari bagiye kwiba itaka umwe arapfa

Mu Karere ka Rubavu umuturage witwaga Nizeyimana Florence w’imyaka 26 y’amavuko, yaguye mu kirombe gicukurwamo itaka ryo kubumba amatafari ya rukarakara, abandi barimo umwana w’imyaka 9 y’amavuko barakomereka.

Ku wa Kabiri taliki 23 Nyakanga 2024 nibwo ibi byabaye, bibera mu Murenge wa Rugerero, Akagari ka Muhira ho mu Mudugudu wa Kizi.

Bizimana Faustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Rugerero yemeje ko aya makuru ari ukuri.

Yagize ati: “Iyi mpanuka yatewe n’ikirombe gicukurwamo itaka ryo kubumba amatafari ya rukarakara, aho cyagwiriye abantu 4, batatu barakomereka, umwe ahita yitaba Imana. Bagicukuragamo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuko cyari cyarahagaritswe, ndetse bakaba batari abakozi ba nyiracyo, ahubwo buri wese yajyagamo gushaka igitaka.”

Akomeza avuga ko RIB yahageze uwitabye Imana agasuzumwa nyuma agashyingurwa, mu gihe abakomeretse bari kwitabwaho n’abaganga mu Bitaro bya Gisenyi.

Uwitabye Imana ni Nizeyimana Florence w’imyaka 26 y’amavuko mu gihe abakomeretse barimo Ishimwe Christian w’imyaka 9 y’amavuko, Uwamariya Pascaline w’imyaka 14 y’amavuko na Nyiramajyambere Esperance w’imyaka 40 y’amavuko.

Loading

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

Don`t copy text!