Home AMAKURU Diane Rwigara yitandukanyije n’ibitekerezo bya nyina
AMAKURU

Diane Rwigara yitandukanyije n’ibitekerezo bya nyina

Diane Rwigara yatangaje ko yitandukanyije n’ibitekerezo biri mu biganiro nyina atanga aho we na basaza be ngo ntaho bahuriye na byo.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga X, Diane Nshimiyimana Rwigara, yagize ati:“Ibyo umubyeyi wacu atangaza mu biganiro ni ibitekerezo bye bwite. Yaba jye, cyangwa basaza banjye, ntaho duhuriye na byo.”

https://x.com/ShimaRwigara/status/1800542479533679096

Ibi yatangje ku italiki 11/06/2024, aho bamwe bahise babihuza  na gahunda aherutse kujyamo yo kwiyamamariza kuyobora igihugu cy’u Rwanda, akaza kutagaragara ku rutonde rw’agateganyo rw’abemerewe kuziyamamza kubera kutuzuza ibyangombwa yasabwe.

Bakomoza ko kuba hari uku kudahuza mu muryango no kuba yari kuyobora igihugu byari kugorana, uwiyita El Chanto yagize ati:”Ako kavuyo ko mu muryango wanyu ubona kweli byari gukunda ko ubera ABANYARWANDA umukuru w igihungu. Sha oya, tel mother tel fille. Banza uheze ibibazo by umuryango uzoba ugaruka hanyuma guheza iby ABANYARWANDA”

https://x.com/mboso33123/status/1800553237541752883

Naho Ladislas Ngendahimana ati:”Umuntu utekereza ko yayobora Igihugu, agomba kubanza gutekereza uko yakwiyobora akayobora n’Umuryango we. Mbere yo kwitandukanya n’umubyeyi ukora ibidakwiye, ni ngombwa kubanza kumugira inama. Warabikoze?[…]”

Ntabwo Diane Nshimiyimana Rwigara w’imyaka 41 y’amavuko yakomoje neza kuri ibyo yitandukanyije nabyo nyina atangaza mu biganiro.

Diane Nshimiyimana Rwigara, aheruka gutanga kandidatire ku mwanya w’umukuru w’igihugu, gusa aza gutagaragara  ku rutonde rw’agateganyo rw’abemerewe kuziyamamariza uyu mwanya kuko atujuje ibisabwa.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!