Home AMAKURU Israeli-Gaza: Abantu ibihumbi 600 bamaze gukurwa mu mugi wa Rafah
AMAKURU

Israeli-Gaza: Abantu ibihumbi 600 bamaze gukurwa mu mugi wa Rafah

Mu gihe mu Ntara ya Gaza hakomeje kuba isibaniro ry’imirwano hagati y’inyeshyamba za Hamas n’igisirikare cya Israeli, Umuryango w’Abibumbye utangaza ko nibura abantu basaga ibihumbi 600 bamaze guhunga umugi Rafah , aho abagera ku bihumbi 150 bahunze mu masaha 48 ashize.

Ibi bije mu gihe guhera ku italiki 06 Gicurasi 2024, igisirikare cya Israeli gisabye abasivili b’abanya Palestine kuva muri Rafah kuko ari ho hagiye kugabwa ibitero karahabutaka aho Israeli ikeka ko Rafah ariyo isigaye ari indiri y’ibyihebe bya Hamas.

Abantu benshi barakomeretse mu gitero Israel iheruka kugaba ku muyoboro ya Internet muri Gaza.

Kugeza ubu imbunda ziremereye zikomeje kumvikana mu Majyaruguru ya Gaza no mu majyepfo y’umugi wa Rafah.

Haba ku ruhande rwa Israel cyangwa Hamas bakomeza kwitana bamwana bashinjanya guhitana inzirakarengane.

Nibura abantu bagera kuri 82 bahasize ubuzima mu masaha 24 ashize, ukaba ari bo bantu benshi bahitanywe n’intambara ku munsi umwe kuva Israel yatangiza ibitero kuri Gaza.

Kuva mu kwezi kwa 10 umwaka ushize abantu babarirwa mu mihumbi 35 bamaze kwicwa mu gihe abasaga ibihumbi 79 bakomeretse.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!