Home AMAKURU Yolande Makolo yamenyesheje abibasira u Rwanda ko ku rubamo atari igihano
AMAKURU

Yolande Makolo yamenyesheje abibasira u Rwanda ko ku rubamo atari igihano

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda Yolande Makolo yavuze ko kuba mu Rwanda atari igihano

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yamenyesheje abavuga ko u Rwanda rudatekanye bityo u Bwongereza budakwiye kurwoherezamo abimukira, ko kurubamo atari igihano.

Urukiko rw’i Burayi rurinda uburenganzira bw’ikiremwamuntu (ECHR) rwahagaritse indege yiteguraga kohereza abimukira mu Rwanda muri Kamena 2022, nyuma y’amezi abiri ibihugu byombi byari bigiranye amasezerano yo kubohereza, ruvuga ko u Rwanda rudatekanye.

Guverinoma z’ibihugu byombi zavuguruye aya masezerano mu Ukuboza mu 2023, zishyiramo ingingo yemeza ko u Rwanda rutekanye. Ibi muri Mata 2024, byashimangiwe n’abagize Intego Ishinga Amategeko, bemeye ko iyi gahunda ishyirwa mu bikorwa.

Yolande Makolo mu kiganiro n’Umunyamakuru Laura Kuenssberg, asubiza abavuga ko u Rwanda rudatekanye yatangaje ko u Rwanda rwiteguye kwakira aba bimukira, avuga ko bibeshya, ahubwo baba bibasira iki gihugu mu buryo bw’akarengane.

Yagize ati: “Kuba mu Rwanda si igihano. Ni igihugu cyiza, gifite ikirere cyiza.”

Abimukira ba mbere bazoherezwa mu Rwanda mu byumweru biri hagati ya 10 na 12 biri imbere nk’uko ku wa 22 Mata 2024, byatangajwe na Rishi Sunak, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yavuze ko kuba mu Rwanda atari igihano

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!