Home AMAKURU Muhanga: Ukekwaho ubujura bw’ibifite agaciro ka miliyoni 1.9 yafatiwe mu nzira yanyuzemo
AMAKURU

Muhanga: Ukekwaho ubujura bw’ibifite agaciro ka miliyoni 1.9 yafatiwe mu nzira yanyuzemo

Mu Karere ka Muhanga Polisi y’u Rwanda yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 48 y’amavuko, ukekwaho gutobora iduka ry’umucuruzi anyuze mu gisenge, akibamo ibicuruzwa bitandukanye bifite agaciro ka 1,934,550 Rwf.

Ku bufatanye bw’abaturage n’inzego z’ibanze, uyu mugabo yafashwe mu gihe cya saa Tatu zo mu ijoro ryo ku Cyumweru taliki 21 Mata 2024, afatirwa mu Murenge wa Nyamabuye mu Kagari ka Gahogo ho mu Mudugudu wa Kamugina.

SP Emmanuel Habiyaremye, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze ko ifatwa ry’uyu mugabo ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati: “Mu gihe cya saa Tatu z’ijoro nibwo abaturage bari bari hafi ya ririya duka bahamagaye bavuga ko bagize amakenga bitewe no kubona amabati asakaye ririya duka anyeganyega, bagakeka ko ari abashaka kwiba. Abapolisi bihutiye kuhagera bamufatira mu cyuho arimo kuzamukira mu gisenge, aho yari yanyuze yinjira, afite ibyo yari amaze kwiba mu bikapu nabyo yari akuye muri iryo duka.”

Akomeza avuga ko “Ibyo yafatanywe birimo; telefone ntoya n’izigezweho (Smart phones), ibikapu bibiri, camera yo mu bwoko bwa Hikvision n’amafaranga y’u Rwanda 21,500 agizwe n’ibiceri.”

Uyu wafashwe usanzwe ukekwaho ubujura nk’uko bivugwa na bamwe mu baturage, yivugiye ko yamaze gusambura amabati, asimbukira kuri matola zicururizwa muri iryo duka, kugira ngo atangire kwiba bimwe mu byo yasanganywe.

Abaturage bashimiwe na SP Emmanuel Habiyaremye kubwo gutanga amakuru ukekwa agafatwa ataragera kure, aboneraho no gushishikariza buri wese kuba ijisho rya mugenzi we no gutangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bijye bikumirwa bitaraba.

Yakomeje aburira abishora mu ngeso z’ubujura, guhinduka bakabivamo kuko ku bufatanye bw’abaturage n’izindi nzego bazajya bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Kugira ngo hakomeze iperereza, uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyamabuye, ibyo yafatanywe bisubizwa nyirabyo.

Loading

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!