Abatuye mu Mujyi wa Goma bakomeje guterwa ubwoba n’umutekano muke uharangwa, kuko mu gihe gito abantu 10 bamaze kwicwa barashwe n’abitwaje intwaro bikekwa ko bikorwana n’abo mu mutwe wa Wazalendo.
Abatuye mu Mujyi wa Goma baravuga ko Leta yananiwe kubarinda, bityo rero bakaba banenga umutwe wa M23 bavuga ko wananiwe kugera muri uyu mujyi ngo ubarinde.
Abantu bari mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota TXL, ku mugoroba wo ku wa Gatatu barashweho urufaya rw’amasasu bitaba Imana.
Amakuru avuga ko abo bantu bari bavuye kuri Bank bakurikirwa n’abitwaje intwaro, babarasaho barabica maze babatwara amafaranga.
Muri iki Cyumweru kandi umuntu wambaye impuzankano ya gisirikare ya Congo, yishe arasiye abantu batatu muri resitora iherereye i Goma.
Amwe mu majwi yumvikana i Goma, abaturage barasaba ko M23 yababohora, kuko Leta ya Kinshasa itabaha agaciro.
Abandi bumvikana bavuga ko Wazalendo ariyo kibazo cy’umutekano muke, kuko ngo ari bo bica uwo bashaka bagakiza uwo bashaka.
Faustin Kapend, uri mu bakuriye Polisi i Goma, yavuze ko inzego z’umutekano zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’ubu bugizi bwa nabi.
Ati: “Turimo gukora iperereza aho bibera,…Tuzahura n’abantu batandukanye, gusa umuntu yavuga ko uko ibintu bimeze bibabaje, ariko tugomba kwihangana kuko nibwo buryo abakora iterabwoba bakoramo.”
Ubu bugizi bwa nabi bubera mu mujyi rwa gati, hari abavuga ko leta ishaka kubyitirira M23, ariko abaturage bo bakeka ko bikorwa na FARDC cyangwa Wazalendo.
Leave a comment