Tuesday, March 4, 2025
spot_img

Latest Posts

Goma: Umusirikare wo mu barinda Tshisekedi yiciye abantu muri resitora

Umusirikare uri mu mutwe w’Abarinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guard) wo mu ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), yishe abantu batatu abarasiye muri resitora iri mu Mujyi i Goma.

Uwo Mu-GP yinjiye muri resitora iherereye muri Komini Kalisimbi i Majengo, atangira kumisha amasasu mu bantu adatoranya nk’uko amakuru aturuka i Goma avuga.

Uko kurasa kwasize abantu batatu bari abakiriya muri iyo resitora bahapfiriye, imirambo yabo yajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bikuru bya Goma.

Abaturage batewe uburakari n’iryo yicwa maze baramukira mu myigaragambyo ikomeye yatumye umuhanda uva aho Majengo ujya Kilijiwe ufungwa.

Mu Burasirazuba bwa RD Congo si ubwa mbere umusirikare arashe mu baturage akabica, no mu mpeshyi ya 2023 hari umusirikare warashe mu bantu bari baje gushyingura umuhungu we yica abantu 13 barimo n’abana be babiri.

Latest Posts

spot_imgspot_img

ANDI MAKURU

Don`t copy text!