Mu Burasirazuba bwa RD Congo, hapfiriye abasirikare bane bari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), barimo batatu ba Tanzania n’umwe wa Afurika y’Epfo.
Kuri uyu wa Mbere taliki 08 Mata 2024, SADC yatangaje ko abasirikare ba Tanzania batatu bapfuye ubwo ku birindiro babamo hagwaga igisasu, umwe wa Afurika y’Epfo apfira i Goma ari kwitabwaho n’abaganga.
Barbara Lopi, uvugira uyu muryango, yavuze ko hari abandi basirikare batatu ba Tanzania bakomerekejwe n’iki gisasu.
Ingabo za SADC zoherejwe mu Burasirazuba bwa RD Congo mu Ukuboza mu 2023, kugira ngo zifashe Ingabo za FARDC kurwanya umutwe wa M23 bihanganye.
Uyu muryango watangaje ko izi ngabo zifite uburenganzira bwo kwirwanaho igihe cyose zigabweho ibitero, mu gihe zikomeje ubutumwa muri iki gihugu.