Home UDUSHYA Kamonyi: Umugabo aho gukirira ku mupfumu yahapfiriye
UDUSHYA

Kamonyi: Umugabo aho gukirira ku mupfumu yahapfiriye

Mu Karere ka Kamonyi, umugabo witwa Singirankabo Xavier w’imyaka 56 y’amavuko biravugwa ko yagiye ku muvuzi (Gakondo), agiyeyo kwivuza, birangira apfiriyeyo.

Biravugwa na bamwe mu batuye mu Mudugudu wa Gitega, Akagari ka Kivumu, Umurenge wa Musambira ho mu Karere ka Kamonyi ko uyu yavuye iwe aje kwivuza ku mukecuru w’umupfumu maze ahageze ahita apfa.

Aba baturage bavuga ko bahamagawe ko nyakwigendera amaze gupfa nyuma y’uko yabanje kujya mu kabari gufata Fanta.

Umwe mu batanze amakuru utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Yapfuye ataramara isaha ageze kuri uwo mukecuru, abo mu muryango we bahise batabara baza kureba uko bimeze.”

Mukantaganda Rachel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kivumu, yavuze ko Singirankabo Xavier yaje muri urwo rugo azanywe n’umumotari amuhetse kuri moto, yahagera akaharembera ahita apfa.

Ati: “Ibyo kuba yari agiye kwivuza ku mupfumu ntabyo nzi gusa ikigaragaza abo mu muryango bari bazi aho yaguye nuko bahise baza kuri uyu mukecuru bivuze ko bari bazi ko ariho ari.”

Gitifu Mukantaganda yavuze ko abo kwa nyakwigendera batwaye umurambo ngo bajye kuwushyingura.

Gitifu ntiyigeze yemeza ko uyu mugabo yapfiriye kuri uwo mupfumu, gusa abaturage bo bahamya ko uwo mukecuru atunzwe n’umurimo w’ubuvuzi bwa Gakondo, gusa n’abaturage bavuga batazi icyishe uwo mugabo.

Src: Umuseke

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UDUSHYA

Insigamunani:Ibijya gucika inkungu ibijya imbere

Uyu mugani bawuca iyo babonye ingaruka mbi ku kintu cyagizwe ibanze kitabigombaga,...

UDUSHYA

Abadepite barwaniye mu cyumba cy’Inteko bamwe bakoresha ibiturika

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru mu Nteko Ishinga Amategeko ya Seribiya habereye...

UDUSHYA

Rubavu: Abarwanyi ba FDLR bishyikirije inzego z’umutekano z’u Rwanda mu mahoro

Kuri uyu wa Kabiri taliki 07 Mutarama 2024, Abarwanyi batatu bari mu...

UDUSHYA

Umutoza yarezwe gutanga pompaje zigera kuri 368 zikabatera uburwayi

Mu mujyi wa Texas,Umutoza John Harrell watozaga abanyeshuri ku ishuri rikuru rya...

Don`t copy text!