Home AMAKURU Museveni yazamuye mu ntera abasirikare agira umuhungu we Umugaba Mukuru w’Ingabo
AMAKURU

Museveni yazamuye mu ntera abasirikare agira umuhungu we Umugaba Mukuru w’Ingabo

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, akaba na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yakoze impunduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Uganda, UPDF, agena Gen. Muhozi Kainerugaba nk’Umugaba Mukuru.

Uyu muhungu wa Perezida Museveni, yasimbuye Gen. Wilson Mbadi, wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucuruzi muri Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Amakoperative.

Izi mpinduka zakozwe ku wa Kane taliki 21 Werurwe 2024, kandi zasize Lit Gen Sam Okiding, agizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije, asimbuye Gen Peter Elwelu wagizwe umujyanama wa Perezida.

Perezida Museveni kandi yazamuye abandi basirikare mu ntera, akora n’impinduka muri Guverinoma ya Uganda.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!