Home AMAKURU Abashoferi batendeka abagenzi bamenyeshejwe ibihano bazajya bahabwa nibafatwa
AMAKURU

Abashoferi batendeka abagenzi bamenyeshejwe ibihano bazajya bahabwa nibafatwa

Umushoferi uzajya afatwa yarengeje umubare w’abagenzi wagenwe muri Bus rusange azaba atwaye, azajya acibwa amande y’ibihumbi 30,000 Rwf kuri buri mugenzi watendetswe, nk’uko byatangajwe na Polisi y’u Rwanda.

Ibi Polisi yabitangaje ubwo yagarukaga ku kibazo cy’abagenzi bagaragazaga ko batishimiye uburyo batwarwamo muri Bus rusange, aho abashoferi babacucika bakagenda babangamiwe nyamara atari ikibazo cy’imodoka nke, ahubwo ari ukutumvikana kw’abatwara izi modoka.

Abakunze kugaragaza izi mbogamizi ni abagenzi bo mu Mujyi wa Kigali, bagasaba inzego zibishinzwe gukemura iki kibazo cy’uburyo batwarwa kuko bishyira mu kaga ubuzima bwabo.

ACP Rutikanga Boniface, Umuvugizi wa Polisi, yavuze ko iki kibazo bakizi, kandi ko kubufatanye n’izindi nzego hari icyo barimo gukora mu rwego rwo kugishakira igisubizo binyuze mu gukomeza kwigisha no guhana abarenze ku mabwiriza.

Ubusanzwe hari Bus nini zifite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 70, harimo 40 bicaye neza na 30 bahagaze ariko usanga umubare w’abagenda bahagaze ujya kwikuba kabiri.

Iki kibazo kandi bamwe mu bagize Inteko Ishinga amategeko bari bakigejeje muri Guverinoma kugira ngo gishakirwe igisubizo mu maguri mashya.

Ntibyafashe igihe kuko Leta iherutse kugeza Bus 200 mu Mujyi wa Kigali ndetse izindi 100 zikaba ziri mu nzira.

Ibi byasize kandi hafashwe icyemezo cyo gushyiraho ibyerekezo bishya abagenzi baganamo, mu rwego rwo kworohereza abagenzi hanashyirwaho ibiciro bishya.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!