Home AMAKURU Burundi: Umugabo yishwe urubozo anajugunywa mu ruzi azira kutitabira umuganda
AMAKURU

Burundi: Umugabo yishwe urubozo anajugunywa mu ruzi azira kutitabira umuganda

Mu gihugu cy’u Burundi haravugwa amakuru y’umugabo witwa Mbonihankuye Oscar w’imyaka 60 y’amavuko, watawe muri yombi, aza kujugunywa mu ruzi rwa Mubarazi yabanje kwicwa urubozo, azira ko atitabiriye umuganda, ibyo byakozwe n’Imbonerakure hakaba hashize ibyumweru bibiri.

Ibyo bivugwa ko byabereye mu Ntara ya Muramvya, ku musozi wa Musama muri Komini ya Mbuye nk’uko amakuru agera kuri SOS Media Burundi abivuga.

Umuryango w’uwishwe urasaba umurambo wa nyakwigendera, mu gihe abantu batandatu bakekwaho kuba Imbonerakure muri ako gace batawe muri yombi nk’uko amakuru aturuka mu buyobozi abivuga.

Amakuru atangwa n’abatangabuhamya, ahamya ko Oscar yakubiswe n’imbonerakure ziza no kumujugunya mu ruzi zimuziza ko atitabiriye umuganda.

Umwe mu bagize umuryango we uvuga ko yiboneye ibyabaye kuri Oscar ku italiki ya 18 Gashyantare yagize ati: “Amabako n’amaguru biboshye, yakubiswe kugeza apfuye hanyuma ajugunywa mu ruzi rwa Mubarazi.”

Undi nawe wo mu muryango wa nyakwigendera yavuze ko abo basore bo mu ishyaka rya Perezida, bamwatse ibihumbi 100,000 y’Amarundi kubera ko atitabiriye umuganda.

Ubuyobozi bw’ibanze bwemeje aya makuru buvuga ko “Abakekwaho kuba barakoze ubugizi bwa nabi ni Imbonerakure esheshatu; Eric Ndayizeye, Anaclet Bizimana, Aimable, Thierry, Eraste na Ruhwiru. Bafashwe nyuma bajyanwa mu kasho ka Polisi i Mbuye, mbere yo kwimurirwa muri gereza nkuru ya Muramvya.” Ibi byatangajwe n’umujyanama wo muri Komini.

Abavandimwe ba nyakwigendera bavuze ko bashaka umurambo we, kugira ngo ashyingurwe mu cyubahiro.

Evelyne Ndarisasirire, Ubuyobozi wa Komini ya Mbuye we, avuga ko ababajwe no kuba uwo murambo utaraboneka, avuga ko hakusanyijwe abaturage n’abapolisi bo kuwushakisha.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!