Home SIPORO FERWAFA itangaje ibihano yafatiye Luvumbu nyuma yo gukora ibimenyetso bya Politiki
SIPORO

FERWAFA itangaje ibihano yafatiye Luvumbu nyuma yo gukora ibimenyetso bya Politiki

Nyuma y’uko mu mukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports n’ikipe ya Police, mu mukino wa Shampiyona mu Rwanda, umukinnyi w’umunye-Congo Luvumbu agakora ikimenyetso kitishimiwe na benshi FERWAFA yamaze gutangaza ibihano yamufatiye.

Luvumbu yakoze ikimenyetso cyo kwitunga intoki muri nyiramivumbi akipfuka umunwa, ikimenyetso cyadukanywe n’Abanye-Congo, bivuga ko baba bageneye ubutumwa amahanga ko u Rwanda rubarasa amahanga akaruca akarumira, ibi byatumye abantu benshi bamushyiraho igitutu ndetse bashyira igitutu kuri Rayon Sports, aho Rayon Sports yo yahise itangaza ko yitandukanyije n’ibikorwa yakoze.

Abandi bababajwe n’ibi uyu mukinnyi yakoze basabaga ko ikipe ya Rayon Sports isesa amasezerano bafitanye, abandi bakamusabira kwirukanwa mu Rwanda.

Amakuru yakurikiye iki gitutu, aho bari bategereje umwanzuro w’urwego, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ,FERWAFA, rimaze gutangaza ko rihagaritse uyu mukinnyi mu bikorwa by’imikino mu Rwanda mu gihe cy’amezi atandatu.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa kabiri taliki 13 Gashyantare 2024, rya FERWAFA, ryagiraga riti”Itangazo ku cyemezo cyafatiwe umukinnyi Hertier Nzinga Luvumbu.Nyuma y’aho mu mukino wa Primus National League wo ku munsi wa 20, wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na POLICE FC, umukinnyi Hertier Nzinga Luvumbu, yagaragaye yerekana ibimenyetso bijyanye na Politiki bihabanye n’amategeko shingiro n’amategeko ngengamyitwarire ya FERWAFA, CAF, na FIFA, abuza gukoresha ibimenyetso cyangwa amagambo bya Politiki mu mupira w’amaguru.Komisiyo yigenga ishinzwe imyitwarire muri FERWAFA, nyuma yo guterana yemeje ko Bwana Hertier Nzinga Luvumbu, ahanishwa guhagarikwa amezi atandatu mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Tuboneyeho gukomeza gukangurira abanyamuryango, gukurikirana ko amategeko n’amabwiriza yose agenga umupira w’amaguru mu Rwanda yubahirizwa.

Mugire amahoro.”

Uwo mukino wahuzaga Police na Rayon Sports warangiye Rayon Sports itsinze ibitego 2 kuri 1 cya Police FC, harimo n’icya Luvumbu, ubwo yaklshimiraga ni bwo yakoze iki kimenyetso.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

SIPORO

Muri shampiyona Muhire Kevin wa Rayon Sports arabahiga – Darko Novic utoza APR FC

Darko Novic, utoza ikipe ya APR FC, yashimye cyane kapiteni wa Rayon...

SIPOROUBUKUNGU

Samuel muri “Tour du Rwanda” akomeje kuvugwa imyato

Uruganda Ingufu Gin Ltd, ruherereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka...

SIPOROUBUREZI

Ibihanga biri mu mategeko agenga imikino mu mashuri bidindiza siporo y’igihugu

Buri rushanwa rigira amategeko arigenga kandi aba agomba gukurikizwa kugirango irushanwa rinyure...

SIPORO

Stade Amahoro ihanganiye igihembo na Stade zirimo Santiago Bernabéu ya Real Madrid

Stade Amahoro y’u Rwanda iri muri 23 zihataniye ibihembo by’ibibuga byiza ku...

Don`t copy text!