Home AMAKURU M23 yahamije guhanura indege y’ingabo za Congo bahanganye
AMAKURU

M23 yahamije guhanura indege y’ingabo za Congo bahanganye

Mu gihe urugamba rukomeje hagati y’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo FARDC n’inyeshyamba za M23, kuri ubu uyu mutwe w’inyeshyamba wigambye guhanura indege itagira abapilote ya FARDC.

Amakuru ahamya ko iyi ndege yahanuwe kuri uyu wa Gatanu taliki 09 Gashyantare 2024, mu ma saa yine ya mu gitondo.

Umutwe wa M23, ukomeza gushinja Leta ya Congo kwica inzirakarengane z’abasivili, watunze agatoki MONUSCO ko ikomeje gutiza umurindi ubu bwicanyi.

Ibi bikaba bije nyuma y’uko umutwe w’ingabo z’umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, utangaje  ko umaramaje mu gufasha ingabo za Congo, guhiga bukware no kurimbura umutwe wa M23.

Lawrence Kanyuka, ni umwe mu bavugizi ba M23, yatunze agatoki Leta ya Kinshasa avuga irimo gukora ubwicanyi ku basivili bagendeye ku bwoko, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati” Tuributsa umuryango mpuzamahanga ko abagize uruhare mu bwicanyi bukomeje kwibasira abasivili n’ubwicanyi bushingiye ku bwoko ari bwana Tshisekedi Tshilombo n’ingabo za FARDC n’abo bafatanyije nka FDLR, abacanshuro, ingabo z’Uburundi, SADC, bashyigikiwe na MONUSCO.”

Yunzemo ati” Bwana Tshisekedi Tshilombo,agomba kuburanishwa ku byaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.”

Mu rwego rwo kuzahura umutekano ukomeje kuba mukeya mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Ministiri w’ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, yasuye umugi wa Goma, ku italiki 09 Gashyantare 2024.

Aka gace kakomeje kuba isibaniro ry’imirwano, umwiryane,amakimbirane, imvururu n’ivangura rishingiye ku moko.

Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zimaze igihe zirwana inkundura n’umutwe wa M23, aho kugeza ubu gutsinsura uyu mutwe byananiranye.

 

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!