Home AMAKURU Ese ni iki kirigutuma imibare y’impunzi ikomeje kwiyongera cyane?
AMAKURU

Ese ni iki kirigutuma imibare y’impunzi ikomeje kwiyongera cyane?

Isi imaze kugira miliyoni 114 zahunze ubugizi bwa nabi, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR),ryatangaje ko abantu  miliyoni 114 ku Isi ari impunzi bahunze ubugizi bwa nabi birimo intambara, amakimbirane,ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Uyu muryango watangaje ko iyi mibare ari iyo kugeza muri Nzeri 2023,ibihugu bya Ukraine, Sudan,Burma na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo nibyo biza ku isonga mu kugira impunzi nyinshi zahunze amakimbirane, hagakurikiraho Afghanistan na Somalia.

By’umwihariko Somalia benshi bahunze amapfa n’imyuzure mu gihe abandi bahunze umutekano muke.

Kimwe cya kabiri cy’impunzi zose Isi ifite ubu, zavuye mu bihugu byazo zihungira mu bindi.

Umuyobozi mukuru wa UNHCR,Phillipo Grandi yatangaje ko kugeza ubu amaso  yose Isi iyerekeje ku bugizi bwa nabi buri muri Gaza, nyamara hari ibindi bice ku Isi byinshi nabyo bikeneye kwitabwaho.

Yasabye Isi yose gushyira hamwe mu kurandura ibitera amakimbirane kuko ariyo ntandaro nyamukuru y’ubuhunzi.

Imibare ya Loni ntabwo ikubiyemo Abanye -Palestine miliyoni 1,4 bahunze By’umwihariko mu ntara ya Gaza, nyuma y’ibitero umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel nayo ikihimura.

Nibura impunzi miliyoni esheshatu nizo ziyongereyeho ugereranyije n’umwaka ushize, ubwo habarurwaga miliyoni 108.4

Impunzi zikomeje kwiyongera ku Isi kubera amakimbirane akomeza kwiyongera.
Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!