Home AMAKURU Igisubizo ku ibura ry’imodoka mu muhanda
AMAKURU

Igisubizo ku ibura ry’imodoka mu muhanda

Minisiteri y’ibikorwaremezo yafashe ingamba z’agateganyo zo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Ni mugihe hakunze kumvikana ikibazo cy’imirongo muri gare aho usanga imodoka zabaye nkeya abandi bari ku mirongo.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze hafashwe ingamba zigera kuri eshanu.

Harimo kwifashisha bisi zikodeshwa zikunganira izisanzwe zitwara abagenzi.

Gukorana n’abasanzwe batwara abagenzi, kugirango babone ubushobozi bwo gukoresha bisi ziri mu magaraje.

Harimo kwifashisha bisi ziri mubyerekezo bidafite abagenzi zigakoreshwa ahari abagenzi benshi mu masaha amwe n’amwe.

Harimo gushyiraho parikingi y’imodoka z’imyanya irindwi doreko inyinshi zisanzwe zitwara abagenzi mu buryo butemewe, abafite imodoka z’imyanya irindwi basabwe kujya kuzandikisha,zigahabwa ibiziranga zigahabwa uburenganzira bwo gutwara abagenzi mu buryo bw’agateganyo, Bamaze impungenge ko nta kiguzi mu kwiyandikisha yewe nta musoro kuko n’uburyo bw’agateganyo.Ibindi nuko amategeko asanzwe agenga gukoresha umuhanda akomeza kubahirizwa.

Ni nyuma y’uko hagiye humvikana ikibazo cy’ubuke bw’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange,aho mu masaha ya ni mugoroba usanga imirongo nyamara imodoka ari nkeya cyangwa ntazihari.

 

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!