Home AMAKURU Kigali-Mbandazi:Bishimiye kuba Chairman Paul Kagame aziyamamariza indi manda bamwizeza kuzamutora ijana ku ijana-amafoto
AMAKURU

Kigali-Mbandazi:Bishimiye kuba Chairman Paul Kagame aziyamamariza indi manda bamwizeza kuzamutora ijana ku ijana-amafoto

Umujyi wa Kigali akarere ka Gasabo umurenge wa Rusororo mu kagari ka Mbandazi amarushanwa y’umupira wamaguru yateguwe n’umuryango FPR-Inkotanyi ku Cyumweru tariki 01 Ukwakira 2023 yasojwe banakomoje kuba Perezida Paul Kagame, akaba n’umuyobozi mukuru w’umuryango azongera kwiyamamariza kuyobora igihugu. 

Mu rwego rwo kwishimira imiyoborere myiza ya RPF-Inkotanyi no gushyira amabanyamuryango bashya muri sisiteme y’umuryango FPR-inkotanyi, tariki 01 Ukwakira 2023 habaye imukino ya nyuma w’umupira w’amaguru yahuje imidugudu igize akagari ka Mbandazi ariyo Mugeyo,Samuduha,Cyeru,Kataruha, Karambo, na Rugarama.

Aya marushanwa yaranzwe no gushima ibikorwa FPR-Inkotanyi imaze kugeza ku baturage muri aka kagari ka Mbandazi.

Bimwe mu byo abaturage bashima FPR-Inkotanyi yabagejejeho birimo umutekano urambye, ibikorwa remezo bitandukanye bafite aho mu kagari  nk’umuriro w’amashanyarazi,uruganda rwa Ruliba, rutunganya amatafari, ruri kubakwa aho rukomeje guha abaturage benshi imirimo bakiteza imbere.

Si ibi gusa, kuko hari amashuri abiri bafite abanza n’ayisumbuye aho umwana yiga amashuri abanza mu kigo cya EP Mbandazi agakomereza muri GS Cyeru,ndetse hose hari amashuri y’Incuke, umwana ntadindizwe no kwiga kure cyangwa kubuzwa amahirwe yo kwiga kubera ubushobozi.

Chairman wa Mugeyo Ndagijimana Jean Pierre watsinzwe ku mwanya wa gatatu atsinzwe na Samuduha, amakuru yahaye UMURUNGA.COM yashimye ibikorwa FPR-Inkotanyi ikora mu gushimisha abanyamuryango bayo ndetse n’abandi baturarwanda muri rusange, ati:”Njyewe ndashimira umuryango FPR-Inkotanyi kuba ihora itegura ibikorwa bihuza abanyamuryango bayo ndetse ntiheze n’abandi bose “

Yakomeza asaba ko amarushanwa y’imiyoborere myiza yarenga akagari ka Mbandazi kandi bigahoraho, kuko biha Abanyarwanda ibyishimo.

Komiseri  w’Imiyoborere myiza mu kagari ka Mbandazi, Twagirumwami Jean Paul, mu ijambo rye, yashimiye imidugudu yose yitabiriye aya marushanwa yemeza ko ibyiza FPR-Inkotanyi yagezeho bigera kuri bose,aho ikipe yose yitabiriye amarushanwa iza guhembwa

Rutinywa Jean Paul, mu izina ry’Abanyamuryango ba FPR-inkotanyi muri Mbandazi bari bitabiriye, yavuze ko bashimishijwe n’ijambo rya Nyakubahwa Chairman wa RPF Paul Kagame kuba yaremeye ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda muri manda itaha aho bamwijeje ko bazamutora ijana ku ijana.

Chairman wa FPR-inkotanyi mu kagari ka Mbandazi, Ntakirutimana Thacien, yakomeje ashimira abanyamuryango ba FPR-inkotanyi mu kagari, avuga ko mu izina ry’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bashimira Nyakubahwa Chairman wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame ku cyemezo cyiza yafashe avuga ko Mbandazi igomba kuba iyambere mu kuzamutora ijana ku ijana.

Chairman Ntakirutimana Thacien ashimira abanyamuryango ba FPR muri Mbandazi 

Umushyitsi mukuru, RUSIMBI Charles, ushinzwe ubukangurambaga mu muryango RPF mu mujyi wa Kigali, muri Komisiyo y’imiyoborere myiza yakomeje ashimira abanyamuryango ku byiza bamaze kugeraho ndetse no kubibungabunga bikaramba.

Umushyitsi mukuru RUSIMBI Charles ushinzwe ubukangurambaga mu muryango RPF mu mujyi wa Kigali muri Komisiyo y’imiyoborere myiza

Umushyitsi mukuru yemereye abanyamuryango ko bagiye gutegura amarushanwa y’Abari n’Abategarugori.
Abaturage ba Mbandazi bishimye cyane
Nyuma yo kubwirwa inkuru ko Chairman Paul Kagame yemeye ko aziyamamaza bacishimemo akadiho barabyina bati:”tuzamutora ijana ku ijana” ni ubukangurambaga bwaranzwe ni ibyishimo.

Umudugudu wa Kataruha wahawe igikombe, umupira wo gukina n’ibahasha y’amafaranga.
Umudugudu wa Cyeru wahembwe ibahasha y’amafaranga n’umupira wo gukina.
Umudugudu wa Samuduha wabaye uwa gatatu wahembwe umupira wo gukina
Umudugudu wa Mugeyo wabaye uwa kane wahembwe umupira wo gukina
Umudugudu wa Rugarama waviriyemo mu matsinda wahawe umupira wo gukina
Umudugudu wa Karambo waviriyemo mu matsinda wahawe umupira wo gukina
Komiseri w’Imiyoborere myiza yashimiye abitabiriye amarushanwa bose
Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!