Home AMAKURU Nyanza: umugore yataye uruhinja abeshya ko yarusigiye Se
AMAKURU

Nyanza: umugore yataye uruhinja abeshya ko yarusigiye Se

Intara y’amajyepfo akarere ka Nyanza umurenge wa Busasamana akagari ka Nyanza mu mudugudu wa Kavumu, umugore akurikiranyweho guta uruhinja rwenda kuzuza amezi abiri ku musarane w’ishuri ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi,ibi byabaye ku mugoroba wo kuwa 22 Nzeri 2023.

Uruhinja rwabonywe n’umubyeyi wari ugiye gutangira Isabato.Uyu mubyeyi yumvise uruhinja rurira akurikiranye ijwi asanga ruri mu myenda ku musarane w’ishuri rya Kavumu Adventist.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana Bizimana Egide, yavuze ko nyina w’urwo ruhinja yatawe muri yombi.

Amakuru avuga ko uwo mugore watawe muri yombi akurikiranyweho guta urwo ruhinja ni uw’i Mugandamure mu kagari ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko yavuye iwabo amuhetse gusa ntiyamugarura,nyina amubajije aho uruhunja ruri amusubiza ko yarusigiye Se (uwo bamubyaranye).

Ubuyobozi buvuga ko uri kurera uwo mwana ari uwamubonye bwa mbere akaba yamufashije mu kumuha ubutabazi bw’ibanze, ariko hataramenyekana niba azakomeza ku mwitaho.

Abaturage bavuga ko ruriya ruhinja nta kibazo rufite kuko umubyeyi warutoraguye yarujyanye kwa muganga basanga nta kibazo rufite ameze neza.

Ivomo: umuseke

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Joseph Kabila yatangaje ko agiye kugaruka muri Congo benshi bakeka ko aje kwiyunga kuri M23

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange,...

AMAKURU

Carl Wilkens wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya

Ubwo habaga igikorwa Mpuzamahanga ngaruka mwaka aho Isi yose yibuka Jenoside yakorewe...

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

Don`t copy text!