Sunday, June 30, 2024
spot_img
HomeAMAKURUPerezida Paul Kagame yemeye ko azaba ari Umukandida ku mwanya wa...

Perezida Paul Kagame yemeye ko azaba ari Umukandida ku mwanya wa Perezida w’Igihugu cy’u Rwanda muri 2024.

Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yishimiye icyizere Abanyarwanda bamufitiye, ashimangira ko azaba ari umwe mu bakandida mu matora y’umukuru w’Igihugu azaba muri 2024.

Perezida Paul Kagame, yahamije ko azahagararira umuryango FPR Inkotanyi mu matora ya 2024, ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique.

Ibi Nyakubahwa Paul Kagame, yabitangaje nyuma yaho atorewe guhagararira uyu muryango ku majwi 98,8%.

Nyakubahwa Paul Kagame yagize ati “Mumaze kubyivugira ko ari ibintu bigaragarira amaso ya bose. ninako bimeze, ndishimye ku bw’icyizere Abanyarwanda bamfitiye.”

Umukuru w’Igihugu yongeyeho ko azakomeza gukorera Abanyarwanda uko ashoboye kose, ahita anemeza ko ari Umukandida muri 2024.

Yagize ati “Yego, rero ndi Umukandida.”

Loading

Umurunga.com
Umurunga.comhttp://umurunga.com
Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!