Sunday, June 23, 2024
spot_img
HomeAMAKURUBurundi: Inyeshyamba 9 z'Abanyarwanda zaguye muri Kasho.

Burundi: Inyeshyamba 9 z’Abanyarwanda zaguye muri Kasho.

Burundi mu Ntara ya Cibitoke muri Kasho y’Urwego rushinzwe iperereza, haba haherutse gupfira abarwanyi 9 b’inyeshyamba zo mu mutwe wa FLN urwanya Leta y’u Rwanda, abo barwanyi bari baherutse gutabwa muri yombi n’ingabo z’u Burundi.

Nyuma y’impuruza yatanzwe n’abaturage batuye mu Ntara ya Cibitoke, ko inyeshyamba zijya mu baturage, habaye imirwano hagati y’ingabo z’u Burundi na FLN iyo mirwano yabereye mu ishyamba rya Kibira muri Kanama 2023.

Byatangajwe ko izi nyeshyamba zaguye muri Kasho ku ibwiriza ryatanzwe bagakorerwa iyicarubozo bagapfira muri Kasho, hatanzwe iri bwiriza mu rwego rwo kwihanangiriza abayobozi n’abasirikare bakorana n’umutwe wa FLN.

Bamwe mu bapolisi batangaje ko imirambo y’izi nyeshyamba yajyanywe mu modoka z’iperereza iya Cibitoke n’iya Bubanza, ikajyanwa gushyingurwa ahataramenyekana mu ijoro ryo ku wa 30 Kanama 2023. umwe yagize ati “izi nyeshyamba 9 zajyanwe gushyingurwa ahataramenyekana.”

Umuyobozi ushinzwe Urwego rw’Iperereza mu Ntara ya Cibitoke Ahmed Sindayigaya, yatangaje ko aya makuru ari ibinyoma bidafite ishingiro. Ubwo yabazwaga ku modoka y’iperereza ya Bubanza yagaragaye kuri iriya Kasho, yavuze ko yariri muri misiyo isanzwe y’akazi yaroheje.

Bizoza Carême Guverineri w’Intara ya Cibitoke, yatangaje ko ntacyo azi kuri aya makuru, avuga ko hagiye gukorwa iperereza ngo hamenyekane niba ibi byarabereye muri iyi Kasho.

Aya makuru yamenyekanye nyuma yaho Minisitiri w’Intebe w’u Burundi , Gervais Ndirakobuca, aherutse gusura iyi Ntara yaburiye abakorana na FLN ko bazakuramo ibyago n’ingaruka birimo n’urupfu kuko izi nyeshyamba zikomeje kwica abasirikare b’u Burundi.

Hari Taliki ya 22 Kanama 2023, Ndirakobuca abwira abaturage ba Cibitoke ati “Mufite ibyago byo kuba mwashyingura abantu 300 icya rimwe.Ntituzemera ko abasirikare bacu bakomeza kwicwa. kubera iki mufasha bariya bantu? niba bafite ibyo basaba bajye kubisabira muri kiriya gihugu [u Rwanda], hanyuma babiherweyo. bashobora guteza ibibazo bikomeye birenze uko mubitekereza.”

SRC:Bwiza

 

Loading

Umurunga.com
Umurunga.comhttp://umurunga.com
Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!