Home AMAKURU Muhanga:RIB ku bufatanye n’inzego z’umutekano bakoze operasiyo ikakaye bafata 13 bari baratorotse.
AMAKURUUBUTABERA

Muhanga:RIB ku bufatanye n’inzego z’umutekano bakoze operasiyo ikakaye bafata 13 bari baratorotse.

RIB yataye muri yombi abasore 13 batuye mu Karere ka Muhanga bo mu mirenge ya Cyeza n’uwa Nyamabuye, bakurikiranyweho ibyaha Nshinjabyaha birimo kwiba, gukubita no gukomeretsa ku bushake no gusambanya abana.

Aba basore bose uko ari 13 bari barabonye bikaze baratoroka bakaba barakoze ibyaha mu bihe bitandukanye.

Kayitare Jacqueline umuyobozi w’Akarere ka Muhanga yatangaje ko aba basore bafashwe habanje kubaho operasiyo yakozwe n’inzego z’umutekano.

Ati “Bafashwe bose bari basanzwe ku rutonde rw’abashakishwaga n’inzego z’umutekano, kubera ibyaha bakoze birimo no gusambanya abana.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko aba bose bazwi, kubera ko baba basanzwe babana n’abandi baturage akaba ari nabo babikorera, avuga ko gutoroka ubutabera byazitiraga iperereza rikorwa na RIB.

Meya yavuze ko iyo habayeho gutoroka habaho ubufatanye kugira ngo bongere bafatwe, avuga ko hari abandi bagishakishwa, avuga ko umunsi bafashwe bizagenda neza kubera ko uwakorewe icyaha ahabwa ubutabera.

Kayitare avuga ko uretse abakorewe ibyaha n’ababikoze baba bifuza ubutabera.

abafashwe kuri ubu higanjemo abari hagati y’imyaka 17 na 25 ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu karere ka Muhanga.

SRC:Umuseke

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

AMAKURU

Gutebya uhakana cyangwa upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni icyaha – Dr. Murangira B. Thierry

Dr. Murangira B. Thierry, uvugira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ko nta...

AMAKURU

Kinshasa: Abantu babarirwa mu bihumbi n’imodoka baheze ku kiraro cya N’djili

Kuva Ejo ku wa Gatandatu taliki 05 Mata 2025, abantu babarirwa mu...

AMAKURU

Ingabo za FARDC ziri kwifotoreza mu Mujyi wa Walikale zaburiwe na M23

Ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC, ryaburiye ingabo za Leta ya Congo, FARDC...

AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda itanze umucyo ku rupfu rw’Umuvugizi wayo, Alain Muku n’icyo yazize

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko uwari Umuvugizi wayo Wungirije, Alain Mukuralinda yitabye...

Don`t copy text!