Friday, June 28, 2024
spot_img
HomeAMAKURUAbagera kuri 26 baguye mu mpanuka y'ikiraro cyo mu Buhinde cyacitse.

Abagera kuri 26 baguye mu mpanuka y’ikiraro cyo mu Buhinde cyacitse.

Ikiraro cyahitanye abantu 26 abandi barakomereka, nyuma y’uko imirimo ya kucyubaka yarigikomeje.

Ni inkuru iri yacicikanaga ku binyamakuru byinshi byo mu Buhinde ku wa 24 Kanama 2023, aho bivugwa ko iyi mpanuka yaguyemo abagera kuri 26 bivugwa ko ari abakozi bari mu mirimo yo kubaka icyi kiraro.

Itangazamakuru ryatangaje ko icyi kiraro cyari kiri kubakwa mu gace ko mu mujyi wa Sailang-Mazoram, cyikaba cyari kigenewe za Gariyamoshi.

Abashinzwe ubutasi bahise bahagera byihuse, kugira ngo babashe gutabara abo bikekwa ko baba basigaye munsi y’ibice by’icyo kiraro cyasenyutse.

Hari amashusho yafashwe ubwo icyo kiraro cyasenyukaga, hagaragaye hatumuka ivumbi ryinshi cyane.

Narendra Modi Minisitiri w’Intebe waruri mu nama y’Umuryango w’ibihugu byishyize hamwe bigamije kuzamurana mu bukungu ‘BRICS‘, yabereye muri Afurika y’Epfo yohereje ubutumwa bwo kwifatanya n’imiryango yaburiye ababo muri iyi mpanuka.

SRC:Kigali today

Loading

Umurunga.com
Umurunga.comhttp://umurunga.com
Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!