Friday, June 28, 2024
spot_img
HomeAMAKURUAkabo kashobotse abitwikiraga umwijima bagakorakora abagore n'abakobwa

Akabo kashobotse abitwikiraga umwijima bagakorakora abagore n’abakobwa

Kuri uyu wa Gatatu taliki 09 Kanama 2023, Police y’u Rwanda yatangiye ubukangurambaga mu Ntara zitandukanye z’igihugu aho abashoferi b’imodoka zose zitwara abagenzi rusange bategetswe kujya bacana amatara yo mu modoka kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu rwego rwo kurwanya ubujura n’ibindi byaha bishobora gukorerwa mu modoka mu gihe hatabona.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza, yavuze ko gucana amatara imbere mu modoka biri mu iteka rya Perezida wa Repubulika no mu mabwiriza y’ikigo ngenzuramikorere(RURA),yasohotse,mu rwego rwo kunoza umutekano w’abagenda mu binyabiziga,mu kubarinda ubujura n’urugomo rwajyaga rubakorerwa.

SP Mwiseneza,yasabye abashoferi kubahiriza iryo bwiriza kuko hari itegeko rihana utabyubahirije,asaba n’abagenda mu modoka guharanira uburenganzira bwabo bwo gutwarwa mu modoka mu mutekano usesuye.

Mugihe umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yagaragaye ari kwigisha, abagenzi aho yabasabye ko bagomba kuzajya basabako bacana amatara bakwanga kuyacana bagahamagara numero ya Polici, 112. Naho abavuga ko amatara abamurika bazajya bavamo bagende n’amaguru.
Umunyamakuru wa www.umurunga.com aganira n’abaturage bamubwiye ko bishimiye icyi cyemezo kuko akenshi byashoboraga gutera ibyaha bitandukanye birimo ubujura,abagira ingeso yo gukorakora abagore, n’ibindi bavuga ko Polisi ibikemuye.

IMG_8512

 

Loading

IFASHABAYO Gilbert
IFASHABAYO Gilberthttp://wwww.umurunga.com
Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka ko tuvugana mpamagara kuri:0788820730
RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -

Most Popular

AMATANGAZO

error: Content is protected !!
Don`t copy text!