Home UDUSHYA Israel Mbonyi yaba agiye kudohoka cyangwa ni abakobwa bamwifotorezaho?
UDUSHYA

Israel Mbonyi yaba agiye kudohoka cyangwa ni abakobwa bamwifotorezaho?

Ni kenshi usanga umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyicyambu, akorerwa amafoto agaragaza ko abakunzi be bamwifuriza gushinga urugo gusa amenshi wasangaga agaragaramo kuba yacuzwe bakoresheje ikoranabuhanga, gusa kuri iyi nshuro ifoto agaragara ari kumwe n’umukobwa bishimye, ubona ko ari iya nyayo, aho benshi bakeka ko yaba agiye gushinga urugo cyangwa kudohoka (nk’uko imvugo z’ubu zibirenguriraho).

Ifoto ya Israel Mbonyi ari kumwe n’umukobwa w’uburanga

Kugeza ubu nyiri ubwite ntacyo arabitangazaho, gusa kuba bigaragara ko iyi foto itaba yaracuzwe, uburyo ubona bameze neza bigaragaza ko haba harimo akana k’urukundo gashobora kuzabyara umusaruro.

Ese yaba ari mwenewabo akaba yashatse ko akomeza kugarukwaho mu bitangazamakuru no kumbuga nkoranyambaga?

Ni kenshi abahanzi bakora akantu kameze nk’agatendo ariko bagamije kuvugwa mu bitangazamakuru, gusa kuba Israel Mbonyicyambu nta kintu arabitangazaho ngo asobanure niba ari mwenewabo cyangwa se inshuti isanzwe, nk’umusore ukiri ingaragu, gusa afite ubushobozi, n’imyaka y’ubukure bituma benshi babona ko icyo bakeneye ari inyota bafitiye ubukwe bwe.

Aliane Kaneza, waganiriye na Umurunga.com, nyuma yo gushyira iyi foto ku mbuga zacu, yagize ati”Aradohotse se??, hahhahah mfite amatsiko y’umukobwa uzegukana umutima wa Israel Mbonyi.”

Mbonyicyambu, uri mu bagezweho mu ndirimbo zahimbiwe kuramya no guhimbaza Imana, ntabwo iyi foto igaragara mu mafoto ye nko kuri instagram.

Written by
UMURUNGA.com

Umurunga.com is the online digital newspaper which spreads instants and durable information.

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UDUSHYA

Insigamunani:Ibijya gucika inkungu ibijya imbere

Uyu mugani bawuca iyo babonye ingaruka mbi ku kintu cyagizwe ibanze kitabigombaga,...

UDUSHYA

Abadepite barwaniye mu cyumba cy’Inteko bamwe bakoresha ibiturika

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru mu Nteko Ishinga Amategeko ya Seribiya habereye...

UDUSHYA

Rubavu: Abarwanyi ba FDLR bishyikirije inzego z’umutekano z’u Rwanda mu mahoro

Kuri uyu wa Kabiri taliki 07 Mutarama 2024, Abarwanyi batatu bari mu...

UDUSHYA

Umutoza yarezwe gutanga pompaje zigera kuri 368 zikabatera uburwayi

Mu mujyi wa Texas,Umutoza John Harrell watozaga abanyeshuri ku ishuri rikuru rya...

Don`t copy text!