Home UBUREZI Bamwe mu banyeshuri bashoje kaminuza bakangirwa gukora ibizamini by’akazi bari mu gihirahiro
UBUREZI

Bamwe mu banyeshuri bashoje kaminuza bakangirwa gukora ibizamini by’akazi bari mu gihirahiro

Bamwe mu barangije muri kaaminuza zirimo PIASS, ishami ry’igenamigambi no Kuyobora amashuri (Educational Planning and Management), kuri ubu bibaza impamvu iyo porogaramu yashyizweho kuko badahabwa amahirwe yo gukora ibizamini ku kazi ko kuyobora amashuri yisumbuye nk’uko babyigiye.

Muri abo harimo abize mu ishuri rikuru ry’abaporotesitanti(PIASS),ndetse no muri Kaminuza y’abagatolika y’u Rwanda (CUR),uretse ko hari n’izindi Kaminuza zagiye zigisha iyi porogaramu,kandi nabo ntibahabwa amahirwe yo gukora ibizamini ku myanya bigiye.N’ubwo bimeze bityo, bajya gufata umwanzuro wo kwiga iyi porogaramu,bari babwiwe ko bashobora kuyobora ibigo by’amashuri cyangwa bakabibera abayobozi bashinzwe amasomo ngo bashoboraga no kuyobora imyitwarire mu bigo by’amashuri,ubu ku ubuyobozi bw’ibigo n’ubw’amasomo ntibemererwa gukora kuko ntaburambe bw’imyaka itanu bakora mu mashuri yisumbuye bafite.Naho kumwanya wa disipurine babwirwa ko batize (Psychology).
uwitwa TWAMBAZEMARIYA Mediatrice umaze imyaka irindwi afite impamyanyabumenyi yo muri iryo shami avuga ko ababazwa no kuba yariziritse umukanda agira ngo yongere ubumenyi buzamuhesha akazi kisumbuye,ubu akaba  atabyemerewe kuko ntacyo agaragaza yize yakwigisha mu yisumbuye nibura, mugihe yabuze umwanya wo kuyobora yigiye.
Yagize ati: Izo porogaramu na n’ubu zirigwa.Ese niba ntakamaro bifite, kuki bikigishwa?

Avuga ko mu ishuri bigaga ari 20 mu ishuri nyamara ababonye akazi ni babiri gusa ,nabwo bakabonye mbere ibizamini bigitangwa n’uturere,bitarahabwa REB.Hari abavuga ko muri RTB bemererwa gukora ibizamini nyamara muri REB bikaba bikomeje kwanga,bifuzako niba imyanya yo kuyobora amashuri bidakunda bakwemererwa kugira icyo bakwigisha mu mashuri yisumbuye mu gihe bahabwa amasomo y’igihe gito.Umuyobozi wa HEC yavuze ko byabazwa REB na Mifotra.

Written by
IFASHABAYO Gilbert

Umwanditsi w'ikinyamakuru www.umurunga.com ushaka kuduha amakuru mpamagara kuri 0788820730

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Articles

UBUREZI

NESA iciye impaka ku itangazo ryayitiriwe

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyanyomoje amakuru yacyitirirwaga, avuga ko...

UBUREZI

NESA: Abanyeshuri biga bacumbikirwa bashyireweho gahunda yo gutaha

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’ibigo by’amashuri, NESA, cyatangaje gahunda y’uko abanyeshuri...

UBUREZI

Nyanza: Akarere kahannye Diregiteri ukekwaho kubura ibiryo by’abanyeshuri

Mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Kibirizi haravugwa inkuru y’Umuyobozi w’Ishuri...

SIPOROUBUREZI

Ibihanga biri mu mategeko agenga imikino mu mashuri bidindiza siporo y’igihugu

Buri rushanwa rigira amategeko arigenga kandi aba agomba gukurikizwa kugirango irushanwa rinyure...

Don`t copy text!